Perezida w'Ibirwa bya Maurice yasuye Urugomero rw'Amashanyarazi rwa Rukarara i Nyamagabe

Perezida w'Ibirwa bya Maurice, Prithvirajsing Roopun, yasuye Urugomero rw'Amashanyarazi rwa Mushishito-Rukarara ya 5 rwubatswe n’abashoramari bo mu gihugu cye. Perezida Prithvirajsing Roopun yasuye uru rugomero ruherereye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyamagabe, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 6 Mata 2024.

Uyu Mukuru w’Igihugu ari mu Rwanda aho yaje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.Ubwo yari i Nyamagabe aho yasuye yasuye Urugomero rw'Amashanyarazi rwa Mushishito-Rukarara ya 5, yagaragaje ko urwego ibikorwaremezo bigezeho mu Rwanda rushimishije ndetse yizeza ko igihugu cye kizakomeza gufatanya narwo.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Jimmy Gasore, yasobanuye ko u Rwanda rukomeza kureshya abashoramari no mu bikorwaremezo nk’ibibyara ingufu z’amashanyarazi.Yaherukaga kuvuga ko u Rwanda rufite Megawatt zisaga 350 kandi ko kuri ubu zihagije ariko haba hakenewe kongerwa ingufu z’amashanyarazi cyane ko iterambere ry'igihugu ridahagarara.

Urugomero rwa Mushishito-Rukarara 5, rutanga Megawatt 5. Rwuzuye rutwaye asaga miliyoni 35 z'amadolari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akabakaba miliyari 35 Frw. Rufite ubushobozi bwo gutanga amashanyarazi ku ngo ibihumbi 120.

Back