Ifumbire leta yahaye abahinzi izaterwa kuri site z’ubuhinzi buhuje zirenga  900  mu turere 8 twose tw'intara y'amajyepfo

Kuri uyu wa mbere Taliki ya 06 Ugushyingo 2023 Abahinzi bo muri Koperative IABM Makera mu karere ka Muhanga baramukiye mu gikorwa cyo kubagara no gutera ifumbire mu bigori bihinze ku butaka buhuje bungana na hegitari 90. Iki gikorwa cyitabiriwe na Guverineri  Alice Kayitesi ari kumwe n'umubuyobozi w'Akarere n'inzego z'Umutekano. Ifumbire mvaruganda yo mu bwoko bwa DAP yatewe  yatanzwe na Leta mu rwego  rwo gufasha abahinzi kuzamura umusaruro muri iki gihembwe cy'ihinga cya 2024A .

Guverineri Kayitesi yavuze  ko mu Ntara y’Amajyepfo  iyo fumbire leta yahaye abahinzi ku buntu izaterwa kuri site z’ubuhinzi buhuje burenga  900  mu turere umunani  twose. Guverineri Kayitesi avuga ko ari inyunganizi leta yatanze kugira ngo bizamure umusaruro w’ibigori.

Ati”Hari abatarabonye ifumbire yo gutera bakaba bagize amahirwe yo gukoresha  ifumbire yo kubagaza ibigori.”

Guverineri Kayitesi avuga ko  bitarenze ibyumweru bibiri abahinzi bose bahuje ubutaka bari mu makoperative bazaba bayibagaje.Yasabye abahinzi kudapfusha ubusa amahirwe leta ibaha, ahubwo iyi fumbire ikajyana n’ahantu hose hongerewe ubuso buhingwaho. Mu ntara y’Amajyepfo iyi fumbire yo mu bwoko bwa DAP bazayitera kuri hegitari zisaga 13000

Mu gishanga cya Makera abaturage batera 

Guverineri atera ifumbire 

Back