Kubona ibyangombwa by’inzira by’abajya mu mahanga
Urashaka kubona ibyangombwa by’inzira bikujyana mu mahanga ?
Reba hano usobanukirwe ibikenewe
Ibiro by’abinjira n’abasohoka bifite inshingano yo kwakira neza ababigana, bakabona serivisi nziza, zihuse kandi zibanogeye.
Ni muri urwo rwego tubagezaho ibyangombwa bibafasha kujya mu mahanga, tunaha amakarita abanyamahanga batuye, bafite visa ibemerera kuba mu Rwanda.
Ibyangombwa dutanga ni ibi bikurikira :
1. Laissez-passer (LP)
a) Ibisabwa ku muntu mukuru
Icyemezo cyo mu mudugudu gisinyweho n’ushinzwe umutekano n’umuyobozi w’umudugudu hamwe n’umuhuzabikorwa w’akagari
Icyemezo cyo ku murenge usaba abarizwamo, cyasinywe ho n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge.
Fotokopi y’indangamuntu igaragaza amatariki yatangiyeweho. Izo guhera mu 1996 kugeza 2000, nizo zifite ireme kuruta.
Iyo amatariki yasibitse ajya ku murenge yakiyeho indangamuntu, Akaka fishi yayo, akayifotoza, fotokopi ikajya muri dosiye.
Ibaruwa isaba L.P yandikiwe ushinzwe abinjira n’abasohoka
Kwishyura amafaranga 3000 kuri konti y’ibiro by’abinjira n’abasohoka
Kitansi yatanzwe na RRA, nyuma yo gutanga urupapuro rwa rwishyuriweho amafaranga
Amafoto abiri ya pasiporo igaragaza amatwi yombi
Ifite igihe kingana n’umwaka
Icyitonderwa:
Iyo LP yarangiye, ntabwo yongererwa igihe, habaho gusaba bundi bushya
Nta muntu usabira undi Laissez-passer keretse iyo usabirwa arwaye bimaze kugaragazwa n’umusabira, cyangwa umwana usabirwa n’ababyeyi.
Laissez passer iboneka nyuma y’umunsi umwe.
b) Ibisabwa ku mwana uri munsi y’imyaka 14
Icyemezo cy’amavuko
Ibaruwa yanditswe n’umwe mu babyeyi be mu mazina ye, isabira umwana, kandi yasinyweho n’ababyeyi be bombi.
Fotokopi z’indangamuntu z’ababyeyi bombi, imwe mu z’ababyeyi igomba kuba yanditsemo amazina y’umwana
Iyo umwe mu babyeyi yitabye Imana, hasabwa icyemezo gitangirwa ku murenge cyemeza ko atakiriho
Iyo umubyeyi w’umwana yamubyaye atarasezeranye, ashyiraho icyemezo gitangirwa ku murenge cy’uko ari ingaragu
Iyo batandukanye umubyeyi wamweguriwe n’urukiko, ashyiraho icyemezo cy’ubutane
Ababyeyi bombi iyo bariho, bazana n’umwana bamuherekeje
Ibindi bisabwa ni nk’iby’umuntu mukuru.
2. CEPGL
Ihabwa umunyamahanga ufite visa yo gutura mu Rwanda mu turere dukoreramo.
Fotokopi ya Pasiporo igaragaza imyirondoro ye na visa, niyo ifatwa nk’indangamuntu.
Ibindi by’impapuro zisabwa n’uburyo bwo kwishyura ni nka Laissez passer
Yishyurwa frw 5.000
Ifite igihe kimara amezi atandatu
Ibindi bijyanye n’ibisabwa n’uburyo bwo kwishyura ni nka Laissez passer.
3. Pasiporo isanzwe
Ibyemezo, impapuro, n’uburyo bwo kwishyura bisabwa kuri Laissez passer ni nako biri kuri Pasiporo.
Amafoto abiri, imwe ijya kuri dosiye yuzuzwa n’ijya kuri fotokopi yayo, agomba kuba ari mu mabara (en couleur) kandi afotoreye kw’ibara ry’umweru (fond blanc).
Pasiporo iboneka nyuma y’iminsi cumi n’itanu .
Dosiye zihutirwa ku basaba, nyirubwite agomba kuba ari umukozi wa reta ugiye mu butumwa bw’akazi , kandi afite urwandiko rw’ubutumwa, ashobora kuba ari umunyeshuri ufite bourse ya Reta ugiye kwiga mu mahanga cyangwa umurwayi ufite uburenganzira bwa muganga wemewe na Reta rumwohereza kwivuriza mu mahanga.
Yishyurwa frw 50.000, ukazana kitansi nk’uko bigenda kuri Laissez passer.
4. Ikarita ihabwa abanyamahanga
Umunyamahanga uje gutura mu turere dukoreramo, afite viza y’u Rwanda, agomba kuza kwiyandikisha ku biro by’ushinzwe abinjira n’abasohoka mu gihe kitarenze ukwezi, akimara kubona viza.
Ajyana fotokopi ya pasiporo ye uruhande rurimo imyirondoro ye na visa ,agashyiraho na kitansi ya RRA igurwa 5000 frw.
Amafoto abiri imwe ijya ku fishi, indi ku karita
Ahabwa ifishi yo kuzuza, maze akandikwa mu gitabo cyabigenewe agahabwa ikarita
Ku ikarita, handikwaho itariki viza izarangiriraho
Iyo yatse indi viza, ku ikarita ye hongerwaho itariki na none iyo viza izarangiriraho
Iyo yimukiye mu karere gatandukanye n’ako yafatiyemo ikarita, abimenyesha ushinzwe abinjira n’abasohoka kugira ngo byandikwe mu gitabo cyabigenewe, maze n’ikarita ye ikajyaho itariki agendeyeho.
Iyo ageze mu karere gashya, yihutira ku jya ku biro by’abinjira n’abasohoka byaho, bakamwandikira ko ahaje.
Uwo wabaza muri Huye-Gisagara
Vincent Rwamwaga
Ibiro: (+250) 530250
Mobile:(+250) 08450418
|